Amateka y'u Rwanda 28 :

1.1.1. Abami b'ibitekerezo

Abami b'ibitekerezo ni abami bazwi neza igihe bategekeye n'ibyabaye ku ngoma zabo. Batangirira kuri Ruganzu Bwimba, bagaherukira kuri Kigeli Ndahindurwa, ikimenyetso cyabo kikaba kwa kundi muzi babisikana batya:

Cyilima - Kigeli - Mibambwe -Yuhi- Mutara -Kigeli - Mibambwe - Yuhi - Cyilima - Kigeli - Mibambwe - Yuhi - Cyilima - Kigeli bityo bityo.

Dore itonde ry'Abami b'ibitekerezo n'Abagabekazi babo:

- Ruganzu Bwimba + Nyiraruganzu
- Cyirima Rugwe + Nyiracyirima Nyakiyaga
- Kigeri Mukobanya + Nyirakigeri Nyankuge
- Mibambwe-Mutabazi Sekarongoro + Nyiramibambwe Nyabadaha
- Yuhi Gahima + Nyirayuhi Matama
- Ndahiro Cyamatare + Nyirandahiro Nyirangabo
- Ruganzu Ndoli + Nyiraruganzu Nyirarumaga
- Mutara Semugeshi + Nyiramavugo Nyirakabogo
- Kigeli Nyamuheshera + Nyirakigeri Ncenderi
- Mibambwe-Mutabazi Gisanura + Nyiramibambwe Nyabuhoro
- Yuhi Mazimpaka + Nyirayuhi Nyamarembo
- Karemera Rwaka + Nyirakaremera Rukoni
- Cyirima Rujugira + Nyiracyirima Kirongoro
- Kigeli Ndabarasa + Nyirakigeri Rwesero
- Mibambwe Sentabyo + Nyiramibambwe Nyiratamba
- Yuhi Gahindiro + Nyirayuhi Nyiratunga
- Mutara Rwogera + Nyiramavugo Nyiramongi
- Kigeli Rwabugili + Nyirakigeli Murorunkwere
- Mibambwe Rutarindwa + Nyiramibwambwe Kanjogera
- Yuhi Musinga + Nyirayuhi Kanjogera
- Mutara Rudahigwa + Nyiramavugo Kankazi
- Kigeli Ndahindurwa + Nyirakigeri Mukashema.

Murebye mu mateka nyakuri y'u Rwanda, muzasanga avuga ko Umugabekazi nyina wa Ruganzu Ndoli ari Nyiraruganzu Nyabacuzi.

Uwo koko yari nyina wamubyaye mu nda (ku by'umubiri). Ariko tuzi ko Ndoli yimye nyina yarapfuye: yaguye muri ya ntambara y'Abashi, ha handi Mu Miko y'Abakobwa, ajyana n'abandi Bamikazi, n'abagore n'abakobwa bose bari kumwe.

Kubera rero ko Nyabacuzi atiyimye ingoma, ntitwavuga ko ari we Mugabekazi wa Ruganzu Ndoli.

Iyo Umwami yimaga atagifite nyina, bamushakiraga undi mugore w'iwabo wa nyina, kuko nyine ari uwo muryango wabaga uramukiwe ingoma, akaba ari we umubera umubyeyi, akaba Umugabekazi w'Urwanda.

Ibisekuruza by'uwo Mugabekazi rero byabaga ari bimwe n'iby'uwabyaye Umwami mu nda.

Icyakora Ruganzu bavuga ko ari we wihitiyemo nyina, kandi atari no mu bwoko buramukiwe, kuko yari Umusingakazi, kandi icyo gihe ingoma yari iy'Abakono.

Yihitiramo Nyirarumaga, umukobwa w'Abasinga, kandi bari baraciwe ku ngoma na Ruganzu wa mbere, Bwimba, kubera ubugome bari bagize kuri iyo ngoma.

Ruganzu Ndoli ibyo ntiyabikurikiza, ahitamo uwo Musingakazi Nyirarumaga, kubera akamaro yari yamugiriye, amuhisha abanzi, akanamucisha muri wa Mwobo w'Inyaga, akazatunguka i Rwanda.

Ibyo tuzabivuga mu magambo arambuye nitugera ku gitekerezo cya Ruganzu Ndoli. Ngiyo imhavu umuntu atashyiraho iryo zina rya Nyabacuzi.

Nyamara ntitwahita tubyemeza, kuko hari icyo tutazi: ese iyo Umwami yimanaga n'umugore utari nyina, bamwtiriraga uwo agiriye mu cyimbo, izina rye bwite akarireka, mbese n'ubwoko? Nihagira ubiturusha yazatubwira.

Ibyo ari byo byose, uwo Mugabekazi yagize akamaro cyane, aba Umubyeyi w'Urwanda, aba n'Umwigisa mukuru warwo.

Mu nkuru ye (reba mu gitekerezo cya Ruganzu), tuzakoresha izina rye, kuko ari ko bivugwa nyine.

Nihagira utubwira ko mu Masekuruza izina rigomba kuvugwa ari Nyabacuzi, tuzabihindura.

Ikindi twahindura ku byo guha Abami inomero, nka Kigeri Mukobanya akamwita Kigeri II, Yuhi Musinga akaba Yuhi IV, bityo bityo.

Ibi rero ntibiri mu byo Abacurabwenge bamubwiye, ntiyanabyanditse mu Masekuruza y'Abami.

Ni we wabyishyiriyeho, abona ko bifite akamaro mu gutandukanya Abami bitiranwa.

Ariko ubanza atari ngombwa, kuko buri mwami aba afite izina rye bwite, bita izina ry'ubututsi, rimutandukanya n'abandi bami basangiye iry'ubwami.


Urundi rutonde
Intambara yo ku Rucuncu :
Intambara ya mbere y'isi :
Intambara ya kabiri y'isi :
Amateka y'u Rwanda 01 :
Amateka y'u Rwanda 02 :
Amateka y'u Rwanda 03 :
Amateka y'u Rwanda 04 :
Amateka y'u Rwanda 05 :
Amateka y'u Rwanda 06 :
Amateka y'u Rwanda 07 :
Amateka y'u Rwanda 08 :
Amateka y'u Rwanda 09 :
Amateka y'u Rwanda 10 :
Amateka y'u Rwanda 11 :
Amateka y'u Rwanda 12 :
Amateka y'u Rwanda 13 :
Amateka y'u Rwanda 14 :
Amateka y'u Rwanda 15 :
Amateka y'u Rwanda 16 :
Amateka y'u Rwanda 17 :
Amateka y'u Rwanda 18 :
Amateka y'u Rwanda 19 :
Amateka y'u Rwanda 20 :
Amateka y'u Rwanda 21 :
Amateka y'u Rwanda 22 :
Amateka y'u Rwanda 23 :
Amateka y'u Rwanda 24 :
Amateka y'u Rwanda 25 :
Amateka y'u Rwanda 26 :
Amateka y'u Rwanda 27 :
Amateka y'u Rwanda 28 :
Amateka y'u Rwanda 29 :
Amateka y'u Rwanda 30 :
Amateka y'u Rwanda 31 :
Amateka y'u Rwanda 32 :
Amateka y'u Rwanda 33 :
Amateka y'u Rwanda 34 :
Amateka y'u Rwanda 35 :
Amateka y'u Rwanda 36 :
Amateka y'u Rwanda 37 :
Amateka y'u Rwanda 38 :
Amateka y'u Rwanda 39 :
Amateka y'u Rwanda 40 :
Amateka y'u Rwanda 41 :
Amateka y'u Rwanda 42 :
Amateka y'u Rwanda 43 :
Amateka y'u Rwanda 44 :
Amateka y'u Rwanda 45 :
Amateka y'u Rwanda 46 :
Amateka y'u Rwanda 47 :
Amateka y'u Rwanda 48 :
Amateka y'u Rwanda 49 :
Amateka y'u Rwanda 50 :
Amateka y'u Rwanda 51 :
Amateka y'u Rwanda 52 :
Amateka y'u Rwanda 53 :
Amateka y'u Rwanda 54 :
Amateka y'u Rwanda 55 :
Amateka y'u Rwanda 56 :
Amateka y'u Rwanda 57 :
Amateka y'u Rwanda 58 :
Amateka y'u Rwanda 59 :
Amateka y'u Rwanda 60 :
Amateka y'u Rwanda 61 :
Amateka y'u Rwanda 62 :
Amateka y'u Rwanda 63 :
Amateka y'u Rwanda 64 :
Amateka y'u Rwanda 65 :
Amateka y'u Rwanda 66 :
Amateka y'u Rwanda 67 :
Amateka y'u Rwanda 68 :
Amateka y'u Rwanda 69 :
Amateka y'u Rwanda 70 :
Amateka y'u Rwanda 71 :